Imana igiye gukora igikorwa gishya muri 2021 (Yesaya 43:16-21)
Iriburiro Umwaka wa 2020 wari umwaka abantu benshi twari twiteza ibyiza byinshi mu buzima bwacu, bw’umuryango, amatorero n’igihugu. Ariko umwaka urangiye tubonye ko ijambo ry’Imana ari ukuri, ko ibyo twibwira nk’abantu bihabanye kure cyane n’ubushake bw’Imana. Binyuza mu cyorezo cya koronavirusi uyu mwaka twanyuze mu butayu ariko Imana idutungisha MANU. Ubwo akazi kari kahagaze dusabwa ku guma mu ngo zacu, twabonye kugiraneza kw’Imana. Twasobanukiwe neza ko burya tudatunzwe no kuba twakoze cyane, ahubwo ko dutunzwe n’ubuntu bw’Imana. Kuko ubwo twari twicaye mu ngo tutari gukora twakomeje kubaho kubw’ubuntu bw’Imana ntitwishe n’inzara, ntitwabuze kandi kugira abo dusangira n’ab kubyo Imana yaduhaye. Mu gihe dusoza uyu mwaka wa 2020, tugiye gutangiza uwa 2021 ndagira ngo nifashishe ubuhanuzi Yesya yahanuriye Abisirayeli, nguhanurere nk’ubwira ko “ IMANA IGIYE GUKORA IGIKORWA GISHYA MURI 2021.” Ubuhanuzi bwa 2021: “ Reka kwihambira ku byashize, byibagirwe kuko Imana igiye guko...