Posts

Showing posts from May, 2018

Itorero n'Umuryango

Image
Itorero rigira ubusobanuro bwinshi, ariko Itorero tuvuga hano ni Umuryango w’Abizera Kirisitu. Itorero rya kirisitu ni rimwe ku isi ari ryo Torero ritagaragara, rifite abayoboke bari mu amatorero agaragarira abantu menshi ari ku isi.   Muri iyi minsi turimo bigaragara neza ko umuryango mugari wasimbuwe n’umuryango w’abizera ariryo Torero cyangwa aho umuntu asengera n’abo asengana nabo. Usanga umukirisitu agira igihe kinini ku rusengero aho asengera, ugasanga afitanye ubusabane bwimbitse n’abo asengana kuko akenshi ari nabo yiyambaza mu bihe byiza cyangwa bibi. Ni byiza nk’umuryango kugira Itorero ryo gufatanya na ryo kuko bigira umumaro ukomeye, hari mo kunguka umuryango mugari wiyongera ku muryango mugari umuntu aba asanzwe abarizwamo ku buryo bw’isano ishingiye ku maraso. Maze igihe mba mu inama y’itoreo nsengeramo ni kenshi nabonye abantu baza mu inama y’Itorero kuvuga ko bafite ubukwe ariko benshi ijambo “nimwe muryango mfite” nti baburaga kurivuga. Bigaraga...
Image
Amategeko Icumi Yo Gukunda Abana Bawe Pasitori Karengera Elisée mu inyigisho ze ku muryango yagerageje gutekereza asanga hari ingingo icumi yise “Amategeko icumi yo Gukunda Abana Bawe” zafasha aba byeyi. Abana nibo Yesu yatanzeho urugero, ubwo yigisha uburyo abashaka ubwami bw’Ijuru bakwiye kumera. Muri iki gihe ubona ababyeyi bahuze cyane, basinziriye cyane nka wa mugore waryamiye umwana we akamwica (1 Abami 3:16-28). Uyu mugore ntabwo yishe umwana we gusa ahubwo yishe nabari kuzakomoka kuri uwo mwana. Ibi nibyo birikuba abana benshi n’abazabakomokaho bari kwicwa n’ababyeyi mu buryo ba barera kuko bapfa bahagaze.   Mubyeyi sigaho kwica abana bawe cyane ko atari bo gusa uri kwica ahubwo na bazabakomokaho bose uri kubica. Uri kwica Umuryango,   Itorero ni Gihugu niba nta burere uri guha abana bawe. Gerageza kubahiriza izi ngingo icumi, twise amategeko 10 yo gukunda abana bawe:   1). Ntugasharirire abana bawe (reba Ef. 6:4). Abana ntugomba gutekereza ko bifata ...