Posts

Showing posts from October, 2018

Kuki Yesu Yabatijwe na Yohana?

Image
Iriburiro   Muri gahunda yo gusoma Ijambo ry’Imana buri munsi, ubu turi gusoma igitabo cya Matayo. Ikibazo twibajije muri iki cyumweru kirebana no gushaka kumenya impamvu Yesu ya Batijwe na Yohana. Matayo igice cya 3, hatangira hatwerekako Yohana yabatizaga abantu kuko bari barataye Imana bakajya mubyaha. Bivuzeko Yohana yabatizaga abanyabyaha, kuko icyambere yabasabaga kwari ukwihana, umubatizo ugakurikiraho. Ubwo Yohana yarimo abatiza yabwiye abantu ko inyuma ye hari undi umuruta, uzabatirisha Umwuka n’umuriro. Akivuga ayo magambo Yesu aza amusanga ngo amubatize.  Impamvu Yesu yabatijwe (Matayo 3:11-17)  Hari abashobora kugirango gusubiza impamvu Yesu yabatijwe biroroshye, oya. Matayo 3:13-14, ubwo Yesu yasangaga Yohana ngo amubatize, Yohana byaramushobeye, kubwa Yohana Yesu niwe wari ukwi kubatiza Yohana.  None niba Yesu atari umunyabyaha kuki yasabye Yohana ku mubatiza? Iki nicyo kibazo twibaza, tugirango turebeko twabasha gusoma neza tuk...

Eliya Malaki yahanuye yaraje cyangwa ntaraza?

Image
Iriburiro Hamwe n’abandi duhurira kurubuga Dusome Bibiriya, nizindi mbuga zitadukanye kuri whattsApp kuva kuwa 26/09/2018 twatangiye gusoma igitabo cya Malaki.   Igitabo cya Malaki nicyo gitabo giheruka ibindi mu Isezerano rya Kera. Iki gitabo cyanditswe na Malaki ahagana mu 430 mbere ya Yesu. Abayunda bari I Yudeya nyuma yo kuva mu bunyage nibo Malaki yanditse ahanurira. Ubutumwa bwigenzi yabagejejeho bwari ubwo kubabwirako “ Mesiya Umwami azaza atazanywe no gucira ubwoke bwe urubanza gusa, ahubwo ko azaba aje no guha ubwoko bwe umugisha nokubasubiza ikuzo.”   Kuwa Gatandatu twasomye Malaki igice cya kane, kubakoresha Bibiriya Yera Malaki 3:19-24. Malaki 4:5-6; 3:23-24 kubakoresha Bibiriya Yera itari iyo muri Terefone, Malaki ahanura avuga ko hari Eliya uzaza.   “Dore nzaboherereza umuhanuzi Eliya, umunsi w’Uwiteka ukomeye kandi   uteye ubwoba utaragera. Uwo ni we uzasanganya imitima y’abana n’iya ba se, kugirango ntazaza kurimbuza isi umuvumo.”  ...