ESE UMUKRISTO WAKIJIJWE ASHOBORA GUTAKAZA AGAKIZA?

 

  IRIBURIRO 


Iki kibazo maze ku kibazwa inshuro nyinshi, kandi akenshi ni Abakristo bamaze igihe mu gakiza bakibaza. Nk’ uko dukunze kubivuga twe turibaza ariko Bibiliya igasubiza. Reka twifashishe Bibiliya mu gusubiza iki kibazo. Ushobora kuba wowe ufite ukundi ubyumva ariko ibyiza ni ukugerageza kwemerera ijambo ry’Imana akaba ariryo risubiza tutarivugishije ibyo dushaka ahubwo turyemerera kutubwira icyo Imana ishaka ko tumenya. Umukristo wakijijwe bivuze umuntu wamenye neza ko yatoranijwe n’Imana isi itararemwa kandi ikamugira umwana wayo binyuze muri Yesu. Uwo aba yaravutse ubwakabiri akaba icyaremwe gishya. Bityo NTABWO BISHOBOKA KO UMUKRISTO WA KIJIJWE ATAKAZA AGAKIZA.

Gusubiza tuvuga ko bidashoboka ko Umukristo wakijijwe akakira Yesu Kristo nk’Umwami n’Umukiza we adashobora gutakaza agakiza tutifashishije ibyandtswe byera byaba ari ibitelkerezo byacu gusa. Bityo dore impamvu Bibiliya igaragaza neza ko bidashoboka ko umuntu wakijijwe akakira Yesu Kristo we gakiza ka bizera adashobora gutakaza agakize:

1.       Ubugingo Yesu aha abizera ni ubugingo buhoraho ntabwo ari ubw’igihe runaka ngo umuntu abutakaze.

“27 Intama zanjye zumva ijwi ryanjye, nanjye ndazizi kandi zirankurikira. 28 Nziha ubugingo buhoraho, kandi ntizizarimbuka na hato iteka ryose, kandi nta wuzazivuvunura mu kuboko kwanjye. 29Data wazimpaye aruta bose, nta wubasha kuzivuvunura mu kuboko kwa Data” (Yohana 10:27-29). Amagambo Yesu yavuze agaragaza ibintu bitatu by’ingenzi byerekana ko bidashoboka ko umuntu wakijijwe atakaza agakiza:

-          “Nziha ubugingo buhoraho” Ubugingo Yesu aha abizera buhoraho ntabwo bwavaho.

-          “nta wuzazivuvunyura mu kuboko kwanjye” Nta muntu ushobora gukura abizera kuri Yesu.

-          “nta wubasha kuzivuvunyura mu kuboko kwa Data” abizera bari mu maboko y’Imana yo yabahaye Yesu bityo ntibishoboka ko bakurwa mu biganza by’Imana.

Muri rusange Bibiliya yigisha ko umuntu wakijijwe akakira Yesu, agakiza ke gafite umutekano uhoraho, kandi ntabwo ashobora kugatakaza. Igikuru Bibiliya ivuga ko nta muntu ushobora gukura abizera mu kuboko kw'Imana.  Agakiza kabizera karindwa n’Imana bityo ntabwo bagatakaza kuko ataribo bakiha cyangwa ngo bakarinde, karindwa n’Imana muri Kristo (Abakorosayi 3:3).

2.       Imana niyo Itangiza urugendo rwa gakiza kandi ikanarusoza

Abafilipi 1: 6:" Icyo nzi neza rwose ntashidikanya, ni uko Iyatangiye umurimo mwiza muri mwe izawurangiza rwose, kugeza ku munsi wa Yesu Kristo."   Uyu murongo werekana ko Imana izakomeza umurimo wayo w'agakiza mu bizera, kugeza ku  intsinzi yabo Yesu agarutse kujyana Itorero.  Yohana 6:39,  Uyu murongo ushimangira igitekerezo cy'uko Imana itazemera ko intama zayo (abizera) barimbuka, kuko Yesu atifuza gutakaza n’umwe. 

3.       Abizera batoranijwe n’Imana isi atararemwa, bagirwa abana b’Imana kandi bahabwa Umwuka Wera nk’Umufasha wo kubafasha muri byose

“Imana y'Umwami wacu Yesu Kristo, ari yo na Se ishimwe, kuko yaduhereye muri Kristo imigisha yose y'umwuka yo mu ijuru, 4nk'uko yadutoranirije muri we isi itararemwa, kugira ngo tube abera tutariho umugayo imbere yayo. 5Kuko yagambiriye kera ku bw'urukundo rwayo ko duhinduka abana bayo, tubiheshejwe na Yesu Kristo ku bw'ineza y'ubushake bwayo, 6kugira ngo ubuntu bwayo butagira akagero bushimwe, ubwo yaduhereye mu Mukunzi wayo” (Abefeso 1:3-7).  Iyi mirongo igaragaza ko:

-         Agakiza nta muntu ukiha ahubwo ko abagahawe bagahawe batarabaho. Uko ntamirimo dukora ngo tubone agakiza niko tudashobora kugira icyo dukora ngo tugatakaze. Ukibaza uti none umukristo ukoze icyaha bigenda gute? Atakaza agakiza? Oya, ntabwo gukora icyaha byatuma umukristo atakaza agakiza, kuko iyo umukristo acumuye Umwuka Wera w’Imana amusunikira kwihana. Muri make umukristo ashobora gukora icyaha ariko ntabwo ashobora kubaho ubuzima bwo gukiranirwa. Ahubwo umukristo arangwa no kubaho ubuzima bwo kwihana murugendo rwo kwezwa ngo agere ku kigero cya Kristo. 

-         Abahawe agakiza bahinduwe abana b’Imana kera, bityo nk’uko twabibonye muri Yohana, ntawe ushobora kubatadukanya n’Imana.

-         Agakiza gatangirwa muri Yesu kubw’ubuntu kugirango ineza y’Imana igaragare. Bityo iyo neza y’Imana niyo irinda agakiza kabizera Yesu.

 Abefeso 1: 13-14, hagaragaza umurimo Umwuka Wera w’Imana akora wo kuba ikimenyetso kigaragaza abafite agakiza. Niba ufite umutima uhana ukuburira kureka ibibi, ukihutira kwihana igihe wacumuye, ugushoboza kumvira ijambo ry’Imana kandi ukarishyira mu bikorwa uri mu nzira ya gakiza kandi Mwuka Wera akurangaje imbere instinzi ni iyawe, ntakabuza uzatsinda Satani. Iki gice cyerekana ko abizera bashyizweho ikimenyetso na Roho Mutagatifu, garanti yumurage wabo w'iteka, bivuze ko agakiza kabo gafite umutekano w'iteka.   

4.       Abizera Imana yatoranije kera baratsindishirijwe

“Abo yatoranije kera yarabahamagaye, kandi abo yahamagaye yarabatsindishirije, n'abo yatsindishirije yabahaye ubwiza”(Abaroma 8:30) Uyu murongo ugaragza neza ko Imana ihamagara, abo Ihamagaye ikabatsindishiriza ikabaha n’ubwiza. Ni urugendo rutarimo gusubira inyuma cyangwa gutakara mu nzira, kuko abizera batishoboza ahubwo bashoboza byose na Yesu wa bahamagaye, akabatoranya kandi akabatsindiriza akabaha n’ubwiza bw’iteka.  1 Petero 1: 3-5, hagaragaza  ko abizera bashyizweho ikimenyetso n'imbaraga z'Imana kandi bakarindirwa agakiza kabo muburyo buhoraho, byerekana umutekano w'iteka. 

Impamvu zigaragaza ko umukristo wakijijwe, atari uwishushanya, kuko Yesu yagaragaje ko habaho n’urukungu rwisanisha n’amasaka, ahubwo uwakijiwe akakira Yesu aba atangiye urugendo rwa gakiza ruzarangirira mu ijuru. Bityo ntabwo yatakaza agakiza kuko muri make:

Ø  Ubuntu bw'Imana n'ibyiringiro: Bibiliya ishimangira ko agakiza ari impano yu buntu buturuka ku Mana, ntabwo ari ikintu cyinjijwe nimbaraga za bantu. Kubwibyo, ntibishoboka ko Imana yivuguruza ngo yake umuntu impano yamuhaye ya gakiza gahoraho. Cyane ko Isezerano rishya Imana yagiranye n’abantu ritandukanye cyane n’iryo yagiranye n’Abiseraheri mu butayu kuko ryo ryari iry’igihe gito kugeza Yesu aje we mwuzuro w’Ubumana. Yeremiya 31 igice cyose kigaragaza neza itandukaniro ry’isezerano rishya n’irya kera. Isezerano rishya ryazanywe na Yesu ni isezerano rihoraho, rishingiye ku kumenya Imana binyuze mu ijambo ryayo n’Umwuka wayo udufasha muri byose. Biryo abizera bari muri iryo sezerano rishya ntabwo bashobora gutakaza agakiza kuko Yesu wakabahaye abaha n’ibyiringiro bidakoza isoni ahubwo ni ibyiringiro by’ubugingo buhoraho.

Ø   Abizera bahabwa ubuzima bw'iteka, ubuzima badashobora gutakaza kandi ubuzima butarangira. 

Ø   Uguhambara kw'Imana: Imana irigenga kandi ifite imbaraga zo kwemeza ko imigambi yayo isohozwa. Bityo ntabwo twayigisha impaka igihe ihisemo gutanga ubugingo buhoraho kubo yatoranije kandi yahinduye abana bayo.

Ø  Ikimenyesto cy’Umwuka Wera: Umwuka Wera ahabwa abizera nk'ikimenyetso, ingwate y'umurage wabo n'agakiza. Ibi byerekana ko agakiza kabo gahoraho. 

 Icyitonderwa, ese kuba umukristo adashobora gutakaza agakiza, bimuha uburenganzira bwo gukomeza gukora ibyaha? Oya, Pawulo yasubije neza iki kibazo muri aya magambo:

Nuko tuvuge iki? Tugumye gukora ibyaha ngo ubuntu busage? 2Ntibikabeho! Mbese twebwe abapfuye ku byaha, twakomeza kuramira muri byo dute? 3Ntimuzi yuko twese ababatirijwe muri Yesu Kristo, twabatirijwe no mu rupfu rwe? 4 Nuko rero, ku bw'umubatizo twahambanywe na we mu rupfu rwe, kugira ngo nk'uko Kristo yazuwe n'ubwiza bwa Data wa twese, abe ari na ko natwe tugendera mu bugingo bushya. 5Ubwo twatoranijwe na we gusangira urupfu nk'urwe, ni ko tuzaba duteranijwe na we gusangira kuzuka nk'ukwe. 6Kandi tumenye iki, yuko umuntu wacu wa kera yabambanywe na we, kugira ngo umubiri w'ibyaha ukurweho, twe kugumya kuba imbata z'ibyaha, 7kuko uwapfuye aba atsindishirijwe ibyaha. 8Ariko niba twarapfanye na Kristo twizera yuko tuzabanaho na we, 9kuko tuzi yuko Kristo amaze kuzuka atagipfa, urupfu rukaba rutakimufiteho urutabi. 10Urwo rupfu yapfuye yarupfuye rimwe risa ku bw'ibyaha, ariko ubwo ariho, ariho ku bw'Imana. 11Abe ari ko namwe mwiyumvamo ko mwapfuye ku byaha, mukaba muriho ku Mana muri Kristo Yesu (Abaroma 6:1-10).

Aha Pawulo agaragaza neza, ko abakristo bakijijwe ibyaha n’urupfu rwa Yesu bityo ko badakwiye kuba imbata zi byaha. Nk’uko twabivuze umukristo ashobora, gucumura, gukora icyaha, ariko icyo arusha abatizera ni uko amenya ko yacumuye akihana. Aha rero Pawulo ari kwibutsa abizera ko kuba twarahawe agakiza bitaduha uburenganzira bwo gukomeza kuba mubyaha. Ikimenyetso gikomeye ki kubwira ko uri umwana w’Imana ni uguharanira kugera ikirenga mu cya Kristo ariko gukiranuka, kwezwa umunsi ku wundi kugeza aho Kristo Yesu azagarukira kujyana Itorero. Ese Umukristo yatakaza agakiza, oya? Ntabwo umukristo yatakaza agakiza. Ese kumenya ko umuntu yakijijwe bimuha gukora ibyaha? Oya, kuko uwakijijwe akora ibinezeza Imana yawe niyo aguye mucyaha yihutira kwihana nk’uko tubona Imana ivuga ko ibonye umuntu ufite umutima nk’uko ishaka muri Dawidi (1Samweli 13:14). Ntabwo bivuze ko Dawidi atakoraga ibyaha, ahubwo yari afite umutima ucabugufi akihana igihe cyose amenye icyaha yakoze. Ntabwo Imana ishaka ko twigira abera, kuko ariyo itugira abera, ahubwo ishaka ko tubaho ubuzima burangwa no gukiranuka duharanira kwezwa n’ijambo ry’Imana umunsi ku wundi (Yohana 17:17).  

Imana ibahe umugisha murakunzwe. 

Pastor Kubwimana Joel

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

MUNGANYINkA MARIE GORETTE: UMUGORE, UMUBYEYI, UMUKRISTO, UMUKOZI URANGIJE URUGENDO RWE KU ISI

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza