Kwibuka Mahoro Giovanni: Kuwa 25/01/2022

 


Kuwa 25 Mutarama 2016, Umuryango, inshuti n'abakunzi ba Radiyo Salus nibwo inkuru ibabaje yurupfu rwa Mahoro Giovanni wari umwe mu banyamakuru bakunzwe kuri Salus Radio yatugezeho. Kuri iyi tariki umuryango,n'inshuti za nyakwigendera turamwibuka nk'umuvandimwe, inshuti, n'umukozi wakundaga umurimo we kandi akawukora neza. Giovanni yakoraga ibiganiro bitandukanye ariko twamenyanye kubera ikiganiro yakoraga ku cyumweru mu gitondo akangurira abantu kujya gusenga. Muri icyo kiganiro yakundaga gukoresha indirimbo zihimbaza Imana cyane cyane iza makorari yo muri Huye. Giovanni ntiyagiraga ivangura kuko wumvaga ko amatorero yose afite amakorari yakoze indirimbo yazishyiragaho. Twamanyanye kuko yazaga kunsura tuganira ku buryo bwo guteza imbere ivugabutumwa binyuze mu indirimbo cyane cyane iza makorari. Yitabye Imana twaramaze gutegura gahunda yo gukora igiterana cya huza za korari zo muri Huye. 

Abakoranye na Giovanni, inshuti ze zahafi tuzirikana urukundo gucabugufi n'umurava byamurangaga. Akaba ariyo mpamvu uyu munsi I Huye mu murenge wa Ngoma haraba umuhango wo kumwibuka no gishyira indabo ku mva ye. Turashimira inshuti mwese mukomeje kwitabira buri mwaka iyi gahunda no gushyigikira umubyeyi wa mahoro Giovanni, Imana ibahe umugisha. Ubuzima  Giovanni yabayeho ni urugero rwiza rwo gukoresha impano zacu neza, kuburyo dusiga inkuru nziza imusozi. Ese njye nawe tuzibukirwa kuki? Uko dukomaje kuzirikana imirimo, n'imibereho bya Mahoro niko natwe dukwiye kubaho no gukora mu buryo butuma tugira imirimo myiza izaduherekeza nk'uko ijambo ry'Imana ribivuga mu Byahishuwe  14:13 "Numva ijwi rivuga mu ijuru rimbwira riti " Andika uti 'Uhereye none hahirwa abapfa bapfira mu mwami wacu'." Umwuka na we aravuga ati " Yee, ngo baruhuke imihati yabo, kuko imirimo yabo ijyanye nabo ibakurikiye." Giovanni yakurikiwe n'umurimo wo gukoresha akazi ke mu kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo. Reka natwe mugihe tugihumeka umwuka wa bazima duharanire gusohoza inshingano nkuru Yesu yasigiye Itorero ariyo guhindurira abantu bo mu mahanga yose kuba abigishwa ( Matayo 28?18-20). 

 

Umuryango, Inshuti mwese reka dukomeze kuzirikana umubyeyi we nawe dukomeze kumufasha no kumukomeza. 

 

Imana ibahe umugisha. 

Pastor Kubwimana Joel 

 

 

Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

MUNGANYINkA MARIE GORETTE: UMUGORE, UMUBYEYI, UMUKRISTO, UMUKOZI URANGIJE URUGENDO RWE KU ISI

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza