Matayo 14: 22-33: YESU NI WE MUTABAZI WACU MUGIHE CY’AMAKUBA
Iriburiro
Ushobora gusubiza amaso
inyuma, ukareba ibibazo byinzitane ufite kandi waburiye ibisubizo; ukaba
wakwibaza uti, Ese Yesu ni Umutabazi wacu mu gihe cy’amakuba koko? Uyu
munsi ndagirango nkubwire ko ijambo ry'Imana ari ukuri, Yesu ni umutabazi wacu
mugihe cy'amakuba. Tugendeye ku butumwa bwiza dusanga muri Matayo 14:22-33, ubwo
abigishwa ba Yesu bahuye n'umuyaga mwinshi hakiyongeraho kugira ubwoba bwo
kubona Yesu agenda hejuru y'amazi bakagirango ni umuzimu, Yesu ni umutabazi.
Iyo turi mu muraba w'ibibazo, duteraganywa hirya no hino, urugero iki cyorezo
cya COVID-19, zirikana ko Yesu ahari kandi ari umutabazi. Hari ibintu bitatu
ngirango uzirikane uyu munsi:
1. Yesu yigaragaraza mu makuba
V. 25 -26
Ku
murongo wa 25 nuwa 26 tubona Yesu yigaragaza ubwo abigishwa bari mu makuba yo
guhangana n'umuraba mu nyanja no kugira ubwo bwo gutinya umuzimu. Inyanja
igereranywa n'isi turimo naho umuraba ukagereranywa n'ibibazo duhura nabyo.
Inkuru nziza ni uko Yesu adakangwa na biracitse ahubwo iyo bikomeye niho
yigaragaza. Bityo aho gukuka umutima zirikana ko Yesu ari kumwe nawe bityo
umwiyambaza kuko atabura kwigaragaza mu makuba duhura nayo.
2.
Yesu araduhumuriza mugihe cy'amakuba
Muri
kamere ya muntu harimo gutinya umuzimu, uretse umuraba abigishwa bari
bahanganye nawo bagize ubwoba ubwo babonaga Yesu kuko baketse ko ari umuzimu.
Kuribo ntabwo byari byoroshye kwiyumvisha ko umuntu yagenda hejuru ya mazi
y'inyanja, bumvaga ko ari umuzimu uje ubasatira. Ariko Yesu yabanje
kubahumuriaz ati "Nimuhumure ni jyewe, mwitinya." Uyu munsi natwe
Yesu ari kutubwira ngo 'duhumure tureke gutinya, nubwo hari umuraba witwa
koronavirusi, n'ibindi bibazo byinshi, Yesu ari kuduhumuriza atubwira ngo 'ntidutinye.'
3. Yesu
afite ubushobozi n’ububasha bwo guhagarika amakuba Vs
32-33
Yesu
ntabwo yigaragaje gusa, ntabwo yahumurije abigishwa be gusa, ahubwo yaturishije
umuraba mu nyanza abigishwa batura ko ari Umwana w'Imana koko. Ntabibazo, ntabyago bikomeye twanyuramo Yesu adafite ubushobozi n'ububasha bwo
guhagarika. Umwami twizeye ashobora byose, afite ububasha bwose
n'ubushobozi bwose. Reka dukomeze kumwizera no kumwiringira kuko 'ariwe
mutabazi wacu mugihe cy'amakuba.'
Amakuba
tunyuramo mu buzima, ntabwo abereyeho kudutandukanya n’Imana ahubwo
akwiye kutwibutsa ko dukwiriye guhanga amaso Kuri Kristo, Umutabazi wacu kuko
niwe soko y’ubuzima bwacu. Afite isi yose mu kinganza cye. Mubyukuri
ntabwo byoroshye kubona ko ibibazo bishobora kuba inzira y’ igisubizo ukeneye.
Ntabwo nzi ibibazo bikugarije muri uyu mwanya, ariko nzi
ko hari uzi ibibazo byawe, ariwe Yesu Kristo! Muture ibibazo
ufite wowe ubwawe, arakumva kandi aragufasha. Niba ukeneye ubufasha buvuye kuri
Kristo, uyu ni umwanya wawe, muzanire ibibazo maze akore umurimo we.
By
Pst: Jean Bosco NTAKIRUTIMANA
Harvest
Bible Chapel/ Mahoko
September
27, 2020
3.
Comments
Post a Comment