KORONA VIRUSI N'UBUKRISTU: COVID-19 NI INDWARA IFATA ABATIZERA IMANA GUSA? IKIMENYETSO CY'IMPRUKA?


IRIBURIRO 


Kuva hatangira kuvugwa iki cyorezo cya Korona Virusi, amakuru atandukanye kuri iyi ndwara yatangiye gukwira isi. Mu makuru menshi hari ashingiye ku myemerere. Dore amwe mu makuru numvise ku imbuga nkoranyambaga, nayo numvanye abantu mu biganiro byabo, bitandukanye: Abiyita abahanuzi bamwe bati "jye ngiye kujya mu bushinwa guhangana na Korana Virusi." Abandi bati "twe dufite imiti tweretswe ivura iki cyorezo." Abandi bantu bati "Abakristo ni mu humure ntabwo iyi ndwara izabageraho kuko muriho ikimenyetso cy'amaraso ya Yesu." Abandi bantu nabo bati "imperuka irageze", abandi bati "ibyo kureka gusuhuzanya ni byabatizera twe turinzwe na Yesu reka dusuhuzanye." Nk'uko ntangiye mbivuga ibi maze igihe byumva, uyu munsi niho nabonye ko bimaze gufata indi ntera irimo no kuzana ubuyobe, yewe no gutuma abantu bashobora kutirinda iki cyorezo bitwaje imyemerere idafite ishingiro. Kuki mvuga ngo imyemerere idafite ishingiro? ni uko njye nk'umukristo nzi neza ko Bibiliya ariyo shingiro ry'imyemerere yose haba mubihe byiza cyangwa bibi. Bityo ndandika nshingiye kuri Bibiliya nibaza ibi bibazo: "Ese Korona Virusi ni indwara ifata abatizera Imana gusa? Ese ni ikimenyetso cyerekana ko isi irangiye? 

1. Ese Korona Virusi ni Indwara ifata abatizera Imana gusa?  

Iki kibazo na cyibajije nyuma yo gusoma ubutumwa kurubuga rumwe rwo kuri whattsapp mbaho, aho bwagaragazaga ko " Yesu aza turinda nko mu minsi ya Mose ubwo abana b'impfura ba banyegiputa bapfuye ariko aba bisirayeli bakarokora, ko abakristo nabo barinzwe na maraso ya Yesu cyangwa soma Zaburi 91.”
                                                       
Dore zaburi 91 icyo ivuga 

1Uba mu rwihisho rw'Isumbabyose, Azahama mu gicucu cy'Ishoborabyose. 2Ndabwira Uwiteka nti “Uri ubuhungiro bwanjye n'igihome kinkingira, Imana yanjye niringira.” 3Kuko ari we uzagukiza ikigoyi cy'umugoyi, Na mugiga irimbura. 4Azakubundikiza amoya ye, Kandi uzajya uhungira munsi y'amababa ye, Umurava we ni ingabo n'icyuma kigukingira. 5Igiteye ubwoba cya nijoro ntikizagutinyisha, Cyangwa umwambi ugenda ku manywa, 6Cyangwa mugiga igendera mu mwijima, Cyangwa kurimbura gutsemba ku manywa y'ihangu. 7Abantu igihumbi bazagwa iruhande rwawe, Abantu inzovu bazagwa iburyo bwawe, Ariko ntibizakugeraho. 8Uzabirebesha amaso yawe gusa, Ubone ibihembo by'abanyabyaha. 9Kuko ari wowe buhungiro bwanjye Uwiteka, Wagize Isumbabyose ubuturo, 10Nuko nta kibi kizakuzaho, Kandi nta cyago kizegera ihema ryawe. 11  Kuko azagutegekera abamarayika be, Ngo bakurindire mu nzira zawe zose. 12  Bazakuramira mu maboko yabo, Ngo udakubita ikirenge ku ibuye. 13  Uzakandagira intare n'impoma, Uzaribata umugunzu w'intare n'ikiyoka. 14“Kuko yankunze akaramata ni cyo nzamukiriza, Nzamushyira hejuru kuko yamenye izina ryanjye. 15Azanyambaza nanjye mwitabe, Nzabana na we mu makuba no mu byago, Nzamukiza muhe icyubahiro. 16Nzamuhaza uburame, Kandi nzamwereka agakiza kanjye.”

Usomye ubutumwa uyu muntu yatanze niyi Zaburi ubona ko hari abantu bakwiye kwicara bakiringira ko kuba ari Abakristo, bari mu bwihisho bw’Isumba byose ko bo bazarebesha amaso iyi virusi ko itazabageraho. Bibiliya nk’igitabo gikubiyemo ibyahumetswe n’Imana, usanga hari benshi bayivugisha itavuga. Iyo usoma umurongo, imirongo, cyangwa igitabo cyo muri Bibiliya hari ibibazo ukwiye kwibaza: Ninde wavugaga, yabwiraga nde, ubutumwa uwavuze yashakaga gutanga ni ubuhe? Ubutumwa bwatanzwe mu kihe gihe? Ubutumwa bwatanzwe gute? Ese ubu butumwa buvuze iki kuri jye, kuri twe none? Sinshaka kujya mu gusesengura iyi Zaburi kuko byaba kwandika igitabo, ahubwo ndagirango twibuke ko muri iyi Zaburi harimo umurongo Satani yakoresheje ashaka gushuka Yesu. “Maze umwanzi amujyana ku murwa wera, amuhagarika ku gasongero k'urusengero 6 aramubwira ati “Niba uri Umwana w'Imana, ijugunye hasi kuko handitswe ngo ‘Izagutegekera abamarayika bayo, Bakuramire mu maboko yabo, Ngo udakubita ikirenge ku ibuye.’ ” 7  Yesu aramusubiza ati “Kandi handitswe ngo ‘Ntukagerageze Uwiteka Imana yawe.’ ” (Matayo 4:5-7). Satani yakoresheje umurowo wa 12 w’iyi Zaburi agira ngo Yesu asimbuke maze ibyanditswe ko abamalayika bazamuramira bisohore. Kuki Yesu atasimbutse kandi Satani avuze umurongo wanditse muri Bibiliya? Igisubizo ni uko kuba Imana yarivugiye ko izaturinda, bitaduha uburenganzira bwo kuyigerageza. Saduraka, Meshake na Abedenego ba bakangisha itanura ntabwo bemeye kuko  bari bazi ko uko bigenda kose Imana iri bubakize ahubwo bo bati “ Naho itadukiza.” Bari bizeye ko Imana ya bakiza, ariko kandi ko itabakiza.
Hanze aha hari barusahurira mu nduru bakoresha ibyago, intambara, ibyorezo nk’intwaro yo kwirundaho ubutunzi, cyangwa yo gukurura abayoboke, bahanura ibiterekeranya, cyangwa batanga icyizere kidafite aho gishingiye. Ni byo Imana iraturinda abayizera, ariko nti twibagirwe ko uko iturinda naho iturindira ariyo ibigena. Iyo iyi Zaburi iza kuba ariyo kumvwa bunyuguti, ubu Mose, Dawid, Petero, Pawulo, na bandi benshi dusoma muri Bibiliya baba bakiriho, kuko ntacyo bari kuba ukurikije ibyo dusomye. Ariko siko biri, na bazuye abantu nabo bageze igihe cyabo barapfa, bamwe bishwe, abandi bashaje, abandi bicwa n’uburwayi…

Reka mbaze ikibazo gikomeye  “Ese kuturinda neza si uko Imana iduhamagara  imuhira mu ijuru ahatagera ibyago, intambara,  n’ibyorezo?” Dukwiye kwitondera ijambo nza kurida. Imana iyo ivuze ngo nza kurind ukwiye kumenya ko ishobora kukurinda igukura mu isi, binyuze mu rupfu.  Ijambo ry’Imana ryo riti, “ Mu bibaho byose muhore mushima, kuko ari byo Imana ibashakaho muri Kristo Yesu.” (1Abatesalonike 5:18) Ijambo ‘mu bibaho byose’ turisibe muri Bibiliya? None se muri byose indwara ntabwo zirimo? Kuvuga ko turi Abakristo, twizera Imana, nti bikuraho ko turwara nk’abandi, ko dupfa tukava ku isi. Ubwo Eliya yahanuraga ko nta kime cyangwa imvura izagwa mu gihugu  kugeza ubwo azabitegekera, nawe ubwe bya mugizeho ingaruka. Kuko yagize inzara akajya ku mukecuru w’I Sarefati. Ubwo yabwiraga Imana ko abantu bose bayivuyeho, Imana ya mwibukijeko hari 7000 muri Isirayeli batapfukamiye Bayali. Ese aba bantu 7000 bo nti bahuye n’akaga nk’abandi bose bari baravuye ku Imana? Ese iyo imyuzure ije iravangura, ese iyo imitingito ije iravangura ikagera kubatizera gusa? Nti dukwiye kuyoba kugera ku rwego rwo gufata icyorezo nk’ikiziye abatizera gusa. Bityo umuntu waba yitwaza Bibiliya ashaka kuvuga ko iki cyorezo kitazagera ku bakristo yaba ari kubeshya. Mu bantu iki cyorezo cya fashe, yewe nabo kimaze guhitana harimo na bakristo. Bityo rero nti bikwiye kugoreka ijambo ry’Imana, no gushaka guha abantu icyizere gipfuye. Kuvuga ko ifata abatizera gusa, harimo gushuka abantu ngo kuko ari abakristo bo bareke kwirinda Yesu arabarinze. Oke, ko Yesu aturinda kuki twambuka umuhanda tubanje kureba hepfo na ruguru? Ko iyi zaburi ivuga ko tuzakandagira ikiyoka, intare…  kuki tutajya guhangana n’inzoka ngo tuzikandagire? Kuki tutajya kurwana n’intare? Soma ijambo ry’Imana neza witonze nturifate bunyuguti. Yohana yaciwe umutwe kandi yari umuhanuzi, yewe yaciwe umutwe Yesu akiri ku isi. Ntabwo rero twe dutegeka Imana abo ikwiye guteza indwara nabo itayiteza, abo ikwiye kurinda nabo idakwiye kurinda. Imana ishobora byose gukiza no kudakiza, byose irabikora kandi ku bantu bose. Ishobora no gukiza utizera kugirango ayizere, naho iwizeye Yesu kristo ntimukize kuko imucyuye ngo aruhuke imiruho yo mu isi.  

2. Ese Korona Virusi ni ikimenyetso cyerekana ko isi irangiye?  

Gushaka kumenya umunsi w’imperuka si amatsiko atangiye ubu, abigishwa inshuro nyinshi bagiye babaza Yesu. Kugeza umunsi yazamuwe asubira mu ijuru mu bibazo bamubajije harimo gushaka kumenya igihe agiye kugarura ubwami mu Bisirayeli. Ariko Yesu we ati “ Si ibyanyu kumenya iby’iminsi cyangwa ibihe Data yagennye, ni ubutware bwe wenyine.” (Ibyakozwe n’Intumwa 1:6-7). Turi mu gihe hari abantu biha ubutware bw’Imana bashaka kugaragaza ko bazi igihe imperuka izabera. Muri Bibiliya cyane mu bitabo bine by’ubutumwa bwiza, Yesu yavuze ku imperuka agaragaza ibimenyetso.

Arabasubiza ati “Mwirinde batabayobya, kuko benshi bazaza biyita izina ryanjye bati ‘Ni jye Kristo’, kandi bati ‘Igihe kiri bugufi’, ariko ntimuzabakurikire. 9Ariko nimwumva intambara n'imidugararo ntimuzahagarike imitima, kuko ibyo bikwiriye kubanza kubaho, ariko imperuka ntizaherako isohora uwo mwanya.” 10Arongera arababwira ati “Ishyanga rizatera irindi shyanga, n'ubwami butere ubundi bwami. 11Kandi mu isi hamwe na hamwe hazaba ibishyitsi bikomeye, kandi hazabaho inzara n'ibyorezo by'indwara. Hazabaho n'ibitera ubwoba, n'ibimenyetso bikomeye biva mu ijuru. 12Ariko ibyo byose bitaraza bazabafata babarenganye, babajyane mu masinagogi no mu mazu y'imbohe, babashyīre abami n'abategeka babahora izina ryanjye, 13ibyo bizababeraho kugira ngo mube abahamya. (Luka 21: 8-14).

Yesu atangari avuga ngo “mwirinde batabayobya,” gukoresha imperuka nk’igikoresho cyo kuyobya abantu byahozeho biriho bizakurwaho nuko Yesu agarutse. Muri iyi mirongo harimo ko hazaduka abiyita Yesu, bazaduka bava muri twe abizera bagamije kuyobya abadashikamye mu ijambo ry’Imana. Ibimenyetso Yesu atanga bizaranga imperuka ni byinshi, aha muri Luka dusomye yavuzemo intambara, impuha z’intambara, inzara, n’ibyorezo. Ariko agaragaza ko ibyo bitaraba hazabaho no kurenganya abizera Imana. Aya magambo ya Yesu yatumye intumwa zivuga ubutumwa nk’aho Yesu agiye guhita agaruka, kuko nibo yabwira ngo “bazabafata babarenganye.” Aha bumvaga ko aribo gusa avuga, ariko iri jambo riri ‘inclusive” ribumbatira hamwe abizera bose. Bityo rero mu bizaranga imperuka harimo no kurwanya ubutumwa no kurenganya ababuvuga. Muri Matayo 24 ubwo Yesu yavugaga aya magambo agaragaza ibizaranga imperuka,  Matayo agaragaza ikindi kimenyetso gikomeye kandi cy’igenzi Yesu yatanze. “ Kandi ubu butumwa bwiza bw’ubwami buzigishwa mu isi yose, ngo bube ubuhamya bwo kubahamiriza amahanga yose, ni bwo imperuka izaherako ize.” 

Tugarutse ku kibazo turi kwibaza, Korona Virusi ni icyorezo kandi Yesu avuga ko hazaba ibyorezo. Uwavuga ko ari kimwe mu bimenyetso bizaranga imperuka ntabwo yaba abeshye. Ikibazo cyaba gufata iki cyorezo cyonyine nk’ikimenyetso cy’imperuka. Oya, Yesu yavuze ibyorezo ntabwo yavuze icyorezo. Bivuze ko hari ibyabaye yewe bikiriho, nka SIDA, Ebola, ubu hari Korona Virusi n’ibindi bizaza. Dusabwa kutagira ubwoba nk’abizera ahubwo kuvuga ubutumwa ngo bubanze bukwire mu isi yose hatazagira umuntu witwaza ko atigeze yumva ubutumwa bwiza nibyo dusabwa kwitaho. Bityo kubona ikimeyetso cy’imperuka ntibivuze ko yabaye, ahubwo bivuze ko Bibiliya ibyo ivuga ari ukuri.

Umusozo

Reka nsoze twibuka ko Yesu atavuze ngo hazaba intambra, imitingito, inzara, ibyorezo ku bantu batizera, oya, yavuze ko ibyo bizaba ku isi, kandi isi irimo abizera Imana na batayizera. Ntabwo ibyo byose biranga imperuka ari byo tubona, twumva, bizaza birobanura, ahubwo bizagera ku bantu bose nta kurobanura.  Ikindi uretse n’imperuka y’isi, hari n’imperuka y’umuntu kugiti cye, ariko gupfa akava ku isi. Ntabwo twese impanda izavuga tukiriho, hari abazaba barapfuye kandi si uko Imana ibanze. Ubu turi mu minsi mirongo ine y’ubuzima bufite intego, Rick Warren we ati “ ubuzima aha ku isi ni imyitozo y’ubuzima tuzabaho iteka ryose, kandi ati, igihe tumara aha ku isi ni gito ugereranije n’igihe tuzamara mu ijuru.” Reka rero twibuke ko niba twizera Yesu ko byose bifataniriza hamwe kutuzanira ibyiza. Twaba turwaye cyangwa tutarwaye muri byose dusabwa gushima Imana, no gukomeza kuyizera. Ikindi nti dukwiye kwanga kubahiriza amabwiriza ashyirwaho yo kwirinda indwara ngo ni uko turi abakristo. Oya, kumvira biruta ibitambo, bityo niba hari amabwiriza yo kwirinda Korana Virusi atubwira gukaraba, kwirinda gusuhuzanya, guhagarika ibitaramo, yewe hari n’ibihugu gusenga byahagaze, reka tubyubahirize tutigize abahezanguni mu myizerere. Niba Yesu yarahungishirijwe muri Egiputa wowe urinde utahunga? Imana ibwira Isirayeli yagize iti “ uzaca mu muriro ariko ntuzashya, uzaca mu mazi ntazagutembana.” Benshi bahera kuri ‘ntabo uzashya’, ‘ntazagutembane’, ariko bakibagirwa ko interuro itangira ivuga ngo uzaca, uzanyura. Guca mu bikomeye tuzabicamo, kunyura mu mazi tuzayanyuramo, kudashya no kudatembanwa ni ukutarimbuka. Ntabwo wanjya  mu Kivu, cyangwa uruzi utazi koga ngo nizeye ko Bibiliya ivuga ko amazi atazantembana. Ntabwo wajya mu itanura ry’umuriro ngo ntabwo nzashya. Umuriro, amazi, ni ikigereranyo cy’ibikomeye bitandukanye twaciyemo, ducamo, kandi tuzacamo. Bimwe biza ari ibyo gutuma Imana ihabwa icyubahiro, yigaragaza, ibindi bikaza ari ibyo kuducyura imuhira mu ijuru. 

Hana amaze kubyara nyuma yi gihe kinini ari ingumba niko kuvuga ngo “Uwiteka arica, agakiza, Ashyira ikuzimu kandi agakurayo. Uwiteka arakenesha agakenura,Acisha bugufi agashyira hejuru.” (1 Samweli 2:6-7) Imana twizera ifite gukiza ariko ifite no kudakiza, kuko ikora uko ishatse.  Birashoboka ko wa rwara iyi virusi yabaye icyorezo uri umukristo ugatakira Imana ntigukize kuko ibona ko igihe cyawe ku isi kirangiye. Ntabwo biba bivuze ko Imana yananiwe ku gukiza, cyangwa ko uri umunyabyaha. Kubirebana n’imperuka dusabwa guhora twiteguye kuko tutazi umunsi cyangwa igihe. Yaba umunsi impanda izavugira ntabwo tuwuzi, yewe n’umunsi wo gupfa kwacu nti tuwuzi.  Niyo mpamvu udakwiye gukurwa umutima no kubona ibimenyetso byavuzwe by’imperuka bisohora, ahubwo ukwiye gukomera ukamamaza ubutumwa bwiza ushize amanga, kuko nyuma yuko isi yose ibwiwe ubutumwa aribwo imperuka izaherako ibe.


 Murakoze reka dukomeze dusengere abanduye Korona Virusi, tubasabira gukira, kandi abava mu mubiri nabo tubasabire iherezo ryiza. Ikindi kandi reka twirinde inyigisho z’ubuyobe zigoreka ijmabo ry’Imana, zitanga icyizere kidafie aho gishingiye.  

Pasiteri Kubwimana Joel

Harvest Bible Fellowship Rwanda – (Rubavu / Mahoko)



Comments

Popular posts from this blog

IMINSI 40 Y'UBUZIMA BUFITE INTEGO: UMUNSI WA 1, 'MBERE NA MBERE IMANA'

MUNGANYINkA MARIE GORETTE: UMUGORE, UMUBYEYI, UMUKRISTO, UMUKOZI URANGIJE URUGENDO RWE KU ISI

Rev. Mbanzabigwi Michel: Umubyeyi, Umushumba n’Umubwiriza butumwa bwiza